Sebatware na bagenzi be 54 bategetswe kwishyura ibyo basahuye

Vendredi 14 mai 2010 11h01
 

Florence Muhongerwa - Izuba rirashe

Nk'uko byajyenwe n'urukiko rw'ubujurire rwa Gacaca rwa Nyakabanda mu Mujyi wa Kigali Sebatware André agomba kwishyura imitungo yasahuye mu muryango wa Karumenyi Gerarld mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ifite agaciro ka miliyoni 113 z'amafaranga y'u Rwanda.

Ibyo bikaba bigaragazwa n'icyemezo cy'irangiza-rubanza cy'urukiko Gacaca rwa Nyakabanda, aho binagaragaramo ko ngo uwo muryango wa ba wari warirengagije kwishyura iby'uwo muryango wundi wasahuriwe imitungo.

Muri urwo rukiko nk'uko bigaragara muri icyo cyemezo, umuryango wa Sebatware ukaba wari uhagarariwe n'umuhungu we witwa Sebatware Charles ubu uba mu gihugu cy'u Bufaransa ariko akaba yari yitabiriye urwo rubanza ruregwamo se kuba yaba yaragize uruhare rwo gusahura afatanije n'abandi 54 mu gihe cya Jenoside.

Nk'uko byatangajwe n'umunyamategeko wa Gacaca Gratien Dusingizemungu avuga ko urwo rubanza rwari rumaze iminsi 3 ruburanishwa ariko abaregwa bakavuga ko babeshyerwa.

Urukiko rwaje gusanga abaregwa ari ukwigiza nkana kuko ngo bahamwe n'icyaha cyo gusahura umuryango wa Karumenyi.

Abarega muri urwo rubanza bakaba bari basabye ko bakwishyurwa miliyoni 635.350 ariko inteko itegeka ko hagomba kwishyurwa miliyoni 335.350 kandi Sebatware akishyuramo miliyoni 113, akaba ngo ari we ugomba kwishyura menshi kuko abo bafatanyije gusahura 54 bavuga ko ari we wasahuye byinshi. Abandi, buri wese akazatanga amafaranga y'u Rwanda miliyoni 3.270.373.

Uwo munyamategeko abajijwe impamvu irangizarubanza itangwa na Gacaca kugira ngo imitungo ihabwe bene yo avuga ko impamvu asanga itubahizwa ngo asanga akazi gasigaye ari ak'abakesha b'inkiko kugira ngo barangize akazi kabo .

Ikinyamakuru Izuba Rirashe cyabashije kuvugana kuri telefoni n'ushinzwe imibereho myiza y'abaturage mu Karere ka Kicukiro Kamire Kayiraba Florence kugira ngo agire icyo abivugaho, avuga ko icyo kibazo atakizi ngo gusa hari abantu baba bararangirijwe urubanza ariko ntibasubizwe ibyabo ngo bakaba ari benshi.