Bimwe mu byateye inzara mu Rwanda
Muvandimwe,

Ubu  nifuje  kukugezaho ibyo mbona byateje inzara mu gihugu ndetse na bumwe mu  buryo  mbona  bwakoreshwa ngo haboneke  umuti  wo kubikemura mu buryo burambye. Kucyumweru taliki ya 8/1/2006 nakurikiye kuri VOA ikiganiro cyerekeranye n'inzara mu Rwanda no mu Burundi, mu majyaruguru yabwo.  Ibyo nemeza ko byateye inzara mu Rwanda nsanga  ari ibi bikurikira:

1. UKUNIGWA KW’IMISHINGA IGAMIJE ITERAMBERE RY’ABATURAGE 
Icyambere  gishingiye kuri iyi mpamvu.  Nyuma y’ intambara  habayeho programu  za  réhabilitation  mu gusana  ibyari byarononekaye. Ni muri urwo rwego  muri  1995  World Bank yateye inkunga projet y ubuhinzi mu  mushinga witwaga Projet des Services  Agricoles, mu  magambo  ahinnye  PASA.  Wari umushinga wa Minagri wakoreraga  ku Kacyiru.  Umuyobozi wawo yari Kabanda célestin uyu waje guhunga mu minsi ishize.Icyo gihe  Minagri  yayoborwaga  na  Iyamuremye  Augustin  usigaye ubu ari senateur  ikigali.  

Uwo mushinga warimo inkunga ya za miliyoni z'amadolari zo  kwongera  kubyutsa  ubuhinzi  mu  gihugu  hose  no kwongera gukangura abahinzi.  Waje  kugura  imodoka  nyinshi nshyashya zo mu bwoko bwa Toyota Hilux  na  Nissan  Patrol  bazikwirakwiza mu turere twose twubuhinzi ndetse n'amapikipiki n'amagare yabashinzwe kwamamaza ubuhinzi kugera mu cyaro. Ntibyateye  kabiri  Banki  y'isi  isaba  Minagri gukora inyandiko yo gusaba amafaranga  yo  kugura  ibikoresho  byali  bisigaye  ngo umushinga ucengeze uburyo  bw’ubuhinzi  unakangulire abaturage kwongera kwitabira ubuhinzi nk'uko byahoze mbere ya 1994.  Ubwo kubera amasezerano aba yabaye hagati ya leta na Banki y’isi hari hateganyijwe  italiki  ntarengwa yo kuba umushinga wagejeje inyandiko isaba décaissement   y'amafaranga  y'igice cyagombaga gukurikiraho kuko igice cya mbere cyari kiriya cyaguzwemo imodoka, amapikipiki n'amagare.

 Haje  rero  kuvuka  ikibazo  cy'uko  bwana  Iyamuremye  Augustin wayoboraga Minagri  yari  yagejejweho  ya 
nyandiko ku gihe n' ubuyobozi bwa projet PSA buyobowe   na  Kabanda  Célestin.   Ministri  Iyamuremye  
Augustin  dossier ayishyingura mu kabati kugeza kw'italiki ntarengwa yari  yarumvikanyweho n'impande zombi.  
Mbere hose impande zombi zumvikanye uko bazagenda basohora amafaranga y'uwo mushinga.

 Ng’uko  uko umushinga wahise uhagarara burundu  ugitangira    nyuma za modoka zari zaraguzwe mu mafaranga 
y igice cya mbere cy’umushinga,  inyinshi  zari  zaraguzwe  zigenewe gusa uwo mushinga w' ubuhinzi, zimwe  muri  
zo  Ministri  Iyamuremye  Augustin yari yarazihaye bamwe mu ba Préfets  ba  za  prefectura  bakajya  bazikoresha  
mu  bitandukanye  n'icyo umushinga   wari   waziguriye  aho  kuziha  abashinzwe  iyamamaza  buhinzi.

 Iyamuremye yabaga yigura  dore ko kuba umukwe wa Sindikubwabo byamuteraga ipfunwe kandi atari we wabihisemo.  
Imodoka yari yarahaye aba préfets zari Nissan Patrol. Nyuma  kubera  ko  inkunga  yali  imaze  guhagarara  kubera ko 
dossier yari yahejejwe  mu  kabati, ahari kubera ubwumvikane  buke hagati ya Iyamuremye na Kabanda,  imodoka 
zahise zitangira kubura mazout ndetse no kudakorerwa entretien.   Ubwo  nibwo  muri  leta  bafataga  icyemezo  muri  
rusange cyo kugurisha zimwe mu modoka za leta noneho nazo bazigurisha gutyo.  Wasangaga muri  icyo  cyamunara 
izo modoka zali zitaramara igihe zikora bazigulishije amafaranga   make   cyane:  nkiyabaga  yaraguzwe  nka  miliyoni  
esheshatu (6.000.000frw) bakayigura miliyoni imwe n'igice (1.500.000frw) gusa.

 Ibyo  bijyana n'uko kuva uRwanda rutangiye intambara muli 1990 gahunda zari zaratangiye  muri  za 1976 zo gufata 
neza ubutaka zahise zihagarara dore ko hari  n'amashyaka  yigishaga ko kurwanya isuri  byari agahato.  N'uko isuri 
nayo  barayireka  ikomeza  kudutwara ubutaka bwiza ibujyana mu migezi bityo ubutaka mu bice bitandukanye  
by'igihugu  buragunduka  cyane  bitewe no kubuhinga buli gihe bisaba  ifumbire  abenshi  badafite bityo tukabuhinga 
buli gihe  tutaburaje ngo   bwongere   bwisuganye.   Ibyo  bikajyana  n'ubwiyongere bw'abaturage butajyanye 
n'umusaruro.

2. IKIBAZO CY’ABIMUKIRA BARI BATUYE  MU BUGESERA NA KIBUNGO
Ikindi ni ikibazo cy’uko uduce twa Bugesera  Kibungo yegereye imipaka n’Umutara n’ igice cy’amayaga cyari 
gituwemo n’ababaturage bari bafite  ingufu zo gukora bari barahimukiye guhera 1975 baturutse Ruhengeri, Gisenyi, 
Gikongoro, Byumba na Gitarama kuko mu uturere baturukagamo hari hatangiye kwigaragaza ikibazo cy’umusaruro 
muke  bitewe n’uko   k’ubuso bw’imirima bari bafite  wasangaga umuryango ufite abana umunani nta sambu nibura 
ya kimwe cya kabiri cya hectari batunze.  Ibyo byatuma bimuka mu byukuri mu gihe bajyaga bita Bugesera, 
Umutara na Kibungo ko ari „ikigega“  cy’u Rwanda.

Ni muri icyo gihe abo bari bagituye aho bari barimukiye.  Nyuma ya genocide koko bamwe muri abo baturage 
bishoye mu bwicanyi nk’abandi inkotanyi zitsinze  intambara benshi muri bo bahita bahunga, bahungutse bamwe 
bagira ipfunwe  ly’ ibikorwa bibi byahabereye kandi bamwe muli bo barashishikaye muri buriya  bwicanyi  
muri turiya duce bari batuyemo mbere  ya 1994, bisubirira gutura mu ntara bakomokagamo mbere yo gusuhukira 
muri turiya turere navuze haruguru.  
Bari abakozi badasanzwe mu  buhinzi kuko bakoraga mbere na nyuma ya saa sita bakaruhuka nimugoroba mu 
gihe twe abari ba kavukire muri utwo turere twe  twakoraga amasaha make mbere ya saa sita gusa nabwo mu 
gihe cy’impeshyi ugasanga muli ba kavukire batongera gukora nutwo duke bakoraga kugeza invura 
yongeye kugwa.

Byaje guhumira ku mirari nyuma ya genocide mu mwaka wa 1996, ubwo intara y’Umutara yali ikimara kujyaho  
ndetse no mu Bugesera  abagiraneza n’abaterankunga batangiye igikorwa cyo kubakira no gutuza impunzi za 1959 
noneho bakajya babura main d’oeuvre bitabaza kuzana abakozi baturutse Ruhengeri na Byumba.  Abo umunsi umwe 
bose barabishe imiryango yabo ibura irengero ry’abantu babo.  Umubare w’abishwe  ukaba utazwi.  Noneho abari 
bagishaka gusubira mu masambu yabo cyangwa gupagasa bose barabireka amasambu abura gihinga gutyo  n’abapagasi 
ntibongera kujyayo gupagasa ubwo umusaruro ubura utyo.

 3.ISARANGANYWA RY’AMASAMBU HAGATI Y’IMPUZI ZA 1959 N’IZA  1994.
Ikindi ni ikiswe isaranganya ry’amasambu ryabaye muri utwo duce  cyane cyane mu ntara ya Kibungo yari isanzwe 
yera cyane kuko impunzi za  1959 zatahutse mbere  y’iza 1994 zikili mu nkambi Zaire na Tanzaniya noneho zigarurira 
amasambu yabo.  Aho batahukiye babategeka kugabana amasambu. Rimwe bakayigaburamo gatatu: ahari  urutoki, 
ahari igipimo cy’ikawa, n’ahari inzu.

Noneho bakabwira uhungutse bati hitamo hamwe akareba agasanga nta kundi guhitamo akihitiramo inzu n’isambu 
ntoya bitewe n’uko buri wese  yashakaga nibura inzu yo guturamo.  Ahasigaye bakahagabanya abandi.

 Nyuma yaho gato  nabwo muri politiki yazanywe  na  Musoni Protazi ubwoyari Prefet wa Kibungo yo gutura mu 
midugudu  abaturage bari bagihunguka baje kubategeka bose ko bisenyera  inzu bakajya gutura mu bibanza bishya 
by’imidugudu.  Ingero zimwe zateye bamwe mu baturage kwiheba kurushaho.  Hali uko nk’ umubyeyi yabaga 
yarubakiwe n abana be inzu ikomeye  mbere ya genocide  itunganye ilimo na ciment noneho  bakamutegeka kwisenyera 
ya nzu  ye akajya gutura muri shitingi.  Akenshi n’abo bana bari barayimwubakiye baraguye mu bwicanyi butandukanye 
bwabereye mu gihugu no muri za Zaire.

 4. INTAMBARA ZAJE ZIBASIRA ABAGABO N’ ABASORE  BAFITE INGUFU ZO GUKORA
Ubugome bwatumye igihugu gisubira inyuma n’uko muli genocide abayikoze baje bibasira kurimbura ariko noneho 
bagera ku mwana w’umuhungu, abasore n'abagabo bakarimburira rimwe.  Kandi mbere nibo umuntu yabonaga bagira  
ingufu zo gukora.

 Mu bugome bwakozwe  na FPR muri zones yafashe kuva 1990 kugeza 1997, nayo Yageraga  ku bantu b’igitsina 
gabo igashishikara kurusha.  Ibyo bikaba ari mu byatumye abantu badohoka ku muliumo bibaza amarorerwa yari 
amaze kubakorerwa n’ubu bakaba batarasubiza  umutima mu gitereko.

Ikindi gikomeye cyane  mu gihugu ni ikibazo  gikunze kugarukwaho gisa n’icyaburiwe igisubizo gihamye  cyane  
kijyanye n ubutabera kuri bose mu buryo bumwe, kuko  nyuma y’ubwicanyi ndimbura bantu bwakozwe n’Abahutu  
bamwe   b’inda nini hamwe  n’Abatutsi nabo  b’inda nini, ingaruka zavutse  nyuma yabyo habaye gufata no gufunga 
bikozwe mu kajagari.  Hafunzwe bamwe  mu Bahutu bakoze ubwicanyi ndetse na bamwe  mu  batarigeze babwitabira.  
Noneho abandi bakaba baraguye muri bwa bwicanyi ndimbura bantu bwakozwe na ziriya mpande zombi maze uruhande 
rwali rumaze gutsinda intambara rurafata rurafunga,  buri muturage (w’Umututsi) wese akihitiramo uwo gufungisha bitewe 
n’uko yabaga abyunva kuko nta nzego z’ubutabera zari zakajyaho.  
N’aho  amahanga ashakiye kudufashisha impuguke mu mategeko ngo zidufashe guca imanza zirenganura uwarenganye  
bamwe mu bayobozi bihutiye kubyanga bitwaje ko ngo u  Rwanda ari igihugu kigenga.

 Nyuma igihugu cyaje gushyiraho inzego z’ ubucamanza ariko zaje guca imanza, zimwe muri zo zicibwa nabi kugeza aho 
wasangaga umuntu ashinjwa n’abatangabuhamya batari imbere mu gihugu muri 1994; batigeze bamenya ibikorwa bibi bye.  
Noneho icyabivuyemo n’uko  byaciye intege abaturage kuko hari n’abagiye bakatirwa urwo gupfa cyangwa gufungwa 
burundu bamwe muri bo bikozwe n’abacamanza b’Abanyamurenge bari biganje mu nkiko na parike  kubera ko i
ntambara ya Kongo yari yaratangiye bo baziko bagomba gukuramo ayabo bagakora ibyihuta kuko biteguraga 
kwisubirira mu gihugu cyabo aricyo Kongo. 

 Byatumye imanza zaciwe nabo, dore ko bali benshi mu nkiko zigaragaramo ruswa, umuntu akaba  ashobora kuba muli 
1994 yari atuye i Bujumbura hanyuma akaba ariwe ushinja abantu ubwicanyi bwakozwe atari mu gihugu aho bwakorewe. 
 Ikindi nuko mu bashinjacyaha n’abacamanza n’ubu hakirimo bamwe mu bishe cyangwa barahohoteye ikiremwamuntu 
ariko bakaba badakurikiranwa ahubwo aribo baca imanza.

Nyuma ubu mu miryango imwe  y’abaturage b’abahinzi abari bafite ingufu zo gukora ubu  bari muri za gereza.  Kubera 
ko igaburo ry’ibiryo bahabwa usanga umuntu bamugenera ibiryo bidashyitse bihwanye   n’iminsi itatu mu cyumweru 
kandi agomba kubirya icyumweru cyose, usanga abasigaye mu miryango yabo bahaguruka bagahingira kurya no  
kubasha kugemurira  ababo bafunzwe; dore ko hari umuryango umwe usanga ufite ababo bafunzwe bagera kuri 5 
cyangwa barenze batanu.

 Icyo kibazo kigaragara mu ntara zose usibye Ruhengeri, Gisenyi na Byumba, igice kimwe cy’ahahoze hitwa urukiga,  
bitewe  n’uko Abatutsi bari bahatuye bari bake muli 1994  kuko bari barabamenesheje 1959/1963.  Bityo kubera 
ubuke bwabahapfiriye muri genocide bituma nta ninfungwa nyinshi zihakomoka ziri mui gereza kuko nabari barimukiye 
mu turere tundi ndetse bakaba baragiye mu bwicanyi, nyuma yo gutahuka bavuye mu nkambi zo  muri Kongo bahise 
bisubirira kw’ivuko iwabo kugirango batavaho bafungwa kubera aho bari barimukiye baba bamwe muri bo baragaragaye 
mu bwicanyi.

5. INTAMBARA Y’ABACENGEZI.
Ruhengeri na Gisenyi hiyongereyeho komini Rushashi, Musasa naTare  zo muri prefectura ya Kigali ngari wongeyeho 
komini Nyakabanda, Bulinga, Nyabikenke na Rutobwe  z’ahahoze ali prefectura ya Gitarama  abazituye bahuye 
n’intambara yabatwaye abavandimwe babo bari hejuru  ya 150.000 personnes.  Iyo ntambara yibasiye ikitwa igitsina 
gabo cyane cyane ikaba yaradutse muri 1996/1998, ikaba yarabatijwe izina ly’ abacengezi  na Gasana Anastase, 
yadutse nyuma y’itahuka ry’ impunzi zari mu nkambi  zo muri kongo  nayo yatumye abayirokotse bahinduka 
ibishushungwe bamwe gukora barabigabanya kuko ahenshi iyo ntambara yasize abagore n’abana  gusa yatangirijwe 
bwa mbere muli cellule Kazuba y’ahahoze ari komini Nkuri mu Ruhengeri, iza gukwira aho hose nakubwiye nimbona 
umwanya nzakunyuriramo impanvu mbona inkotanyi zayitangije n’icyo  zari zigamije kugeraho.

6. MU MFUNGWA HARIMO INZIRAKARENGANE NYINSHI.
Mu Banyarwanda bafunzwe harimo abagifunzwe kubera abantu babafashe bakabafungisha nta byaha by’ubwicanyi 
bibarangwaho ariko n’ubu bakaba batabarekura ngo batahe bajye gukora ngo nabo bongere umusaruro  bashobore 
no kuruhura iriya miryango yabo yasaziye mu nzira ihingira kugemura, dore ko kubera ko Gereza ziba ziri kure  y’aho 
batuye abagemura hamwe bakoresha iminsi ibiri abandi bakabyuka saa saba z’ijoro kugirango bagerere igihe kuri za 
gereza bagemuraho badakererewe kuko bisaba gutonda umurongo mu gitondo cya kare

 Gahunda yiswe „Twamupangiye“ nayo yabigizemo uruhare  rukomeye mu gufata no gufunga.  Nyuma ya  za Raporo 
kuli „ngengabitekerezo“ n’iyo bise gusesa MDR“, dore ko nazo zagiye zihitana abantu bamwe bakazimira, abandi 
bagahunga abandi bakarwara umutima bagapfa  biyumvise ko bali muli izo rapports,  aha naho naguha urugero.  
Kubera ibyo bibi byose byabaye hari imisozi imwe  gushaka umugabo usanga bidashoboka kubera ko batakihaba.  
Na bacye basigaye iyo umugabo yibeshye akaba yavuga ngo uzi ko runaka baraye bamufunze noneho undi ati: yooooo, 
ariko ko abagabo badushize ku musozi ubu tuzajya duhekerwa nande ko abagabo bashiriye muri Gereza.  ubwo iyo 
mvugo yitwa gupfobya genocide ubwo barakujyana bakagufunga ngo wapfobeje genocide.

 Nkeka ko n’ingero  zindi ari nyinshi nko kuri cas ya Colonnel Biseruka numvise ejo  kuli VOA aho arekurwa  
n’umucamanza ubifitiye uburenganzira ariko abatabifitiye ubwo burenganzira bakamurusha ingufu agasubizwa mu 
munyururu.  Nabyo bitera ihahamuka  abasanzwe bitabira umurimo basanzwe bamuzi kuva cyera inzira y’umusaraba 
yanyuzemo n’ubu kimwe na za cas za ba Bizimungu Pasteur wataye ikigo gikomeye nka Electrogaz akajya gufatanya 
n’abandi urugamba yatangira gutambutsa ibitekerezo bye bikamuviramo umunyururu udashira uherekejwe n ibinyoma 
by’ibihimbano ku bwinshi nyuma bakaba  bamugaraguza agati kuliya,  na ba Cyiza n’abandi benshi cyane  umuntu 
atarondora  n’ubu rukigeretse,   bityo rero  n’umuturage ushaka gukora agakora bike bituma abaho aliko adasagurira 
amasoko kubera kutiyumvamo umutekano.  
Iyo mibereho mibi n’uwo mwuka w’urwango bikaba biriho hashize imyaka 15.

INZIRA ZO GUSHAKA UMUTI W’IKIBAZO CY’INZARA
Umuti uhubukiweho mu gukemura ikibazo cy’inzara ntacyo wakiza.  Hali n’ubwo numva abayobozi bamwe bapfa 
kwivugira ngo  bazapompa amazi y’ibiyaga byo mu Bugesera no muri Kibungo, muri za Rukira na Cyarubare, 
bakirengagiza ko ibiyaga by’aho,  ari nka piscine kuko bitagira amasoko amenamo bityo bapompye amazi yabyo 
byazimira ako kanya nabyo bigateza izindi ngorane.  Keretse bashoboye gukoresha ku mazi ya Nyabarongo cyangwa 
Akanyaru aliko nabwo habanje gukorwa inyigo zifatika kugirango tudakemura ikibazo dutera ibindi kuko yo ifite 
amasoko ayigaburira.

Assumpta Kaboyi  ukorera VOA we ngo abayobozi bazacyemura ikibazo batanga akazi muli Food for works. 
Simbyanze ariko se wajya gutera  ipiki n’igitiyo umaze icyumweru utarya?  None se abarwayi, abana, abakecuru 
n’abasaza nabo bazakora iyo mirimo nta mbaraga bafite ?
Hiyongeraho déforestation   Gishwati, Bugesera n’Umutara kuli hegitari nyinshi byatumye imvura itagwa n’ikibazo 
cy’ubwiyongere  bw’abaturage butajyanye n’umusaruro  bikaba urudubi.  Ushyize mu gaciro usanga umuti nta wundi 
uretse gukora ubutabera kuli bose  abahemukiye abanyarwanda bakabiryozwa inzirakarengane zikagaragara, 
zikarekurwa, zigataha zigakorera igihugu n’imiryango yazo.
  Bityo abasigaye bakiyumvamo umutekano utuma bongera bagakora bagakungahaza imiryango yabo bagasagurira 
amasoko.  Kuko mbere ya 1990 byakorwaga bityo.  Ibarura  ryo muri 2003 imibare ryatanze igaragaza ko  abaturage 
bahari bo gukora.

 Ikindi ni ukureka gukomeza gukora politiki yo kwangana n’ibihugu duturanye ahubwo tugakora ku buryo tugirana 
umubano mwiza utuma  ubwishishanye bushira burundu noneho bamwe mu babishoboye kandi babishaka  basohoka  
mu Rwanda bakajya  gukorerayo indi mirimo itari ubuhinzi cyangwa abashoboye kujya gukorerayo ubuhinzi  
n’ubworozi bakimukirayo bakagenda bagatura. Nk’uko kera bigeze kuvuga ko Habyarimana yari yaremerewe 
na Gabon ko abanyarwanda bazajya gutura muri icyo gihugu nibura   nka  2.000.0000 z’Abanyarwanda bagira 
ahandi batura byatuma n’amasambu ahingwa yongera akisuganya  n’ubwishishanye butuma abafite ingufu batagikora 
bugashira.

 Iyo umuntu arebye ubucucike kuli km2 bw’abatuye u Rwanda akareba n’uburyo ibice bimwe by’u Rwanda bitakigusha 
imvura akenshi bitewe n’ihohoterwa ry’ibidukikije, bituma buri wese yagombye guharanira ko  nibura buri muturage 
yabona ibyo kurya  bimuhagije.

Article de ....... posté par Joseph Ndahimana