>

 Biteye ubwoba

From: Poly <lijcant@yahoo.co.uk>
Date: 2012/8/30
Subject: biteye ubwoba
To: Thaddée Bagaragaza <thbagaragaza@gmail.com>, Bongou Saleh <bongou_04@hotmail.com>, Robert Misigaro <bobmis@hotmail.com
 

Tumaze kumenya neza uburyo buri gukoreshwa mu kwica abantu bitwa indaya nabandi bataramenyekana neza.

Nkuko twaraye tubitangarijwe numwe mu basirikari bahawe amahugurwa yo kwica abantu, uwo musirikari akaba atashatse kuvuga izina rye kumpamvu zo kwirinda.

Uwo musirikari aragira at:

Ndabizi neza ko nanjye nzicwa nyuma yo kurangiza gukora iyo mission ariko kuko ntazi neza igihe nzicirwa ariko mbaye mbamenyesheje wenda nzapfe nagize icyo mvuga. Kuko nubundi kuba afande yarampisemo ngo mpabwe aya amahugurwa, ni hahandi iyo nanga kubikora nubundi nagomba kurara nishwe uwo munsi ntamaze no gushaka umugore ngo mbyare nzasige umwana kwisi. ariko ndabibwira abazigira amahirwe muzabeho.

Njyewe nari nsanzwe ndi escort wa afande wanjye bisanzwe, afande akajya anganiriza neza ndetse akampa namafaranga atari umushara wanjye, akamfata neza cyane bidasanzwe, nibwo yaje kumbwira ko hari akazi gakomeye ko gukorera igihugu gakwiye gukorwa numuntu nkanje witinda kandi ukunda igihugu. yaje kunyohereza aho nasanze abandi bana tutaziranye, barabanza badufata neza cyane, batangiira baduha amasomo yo gukunda igihugu no kuba twakitangira mu buryo bwose batubwira ko hari course yihariye tugomba gukora. Haje abantu barabanza batwereka imiti itandukanye iri mu dushashi batwigisha amoko yayo, ariko bagenda batugabanyamo abagomba kwiga iyo miti, kuko twese tutahawe kwiga imiti imwe. Njyewe nabo twari kumwe mwitsinda baduhaye kwiga imiti 3. twize umuti uri mugashashi gato cyane kenda kungana nagashashi kabamo prudence, uwo muti ukaba uwufungura gahoro ukawunukiriza ku mazuru yumuntu, umuntu uwunukirije ahita acika intege kandi ntashobore kuvuga. batwigisha nundi muti wo mu gacupa gato cyane, uwo muti wo mu gacupa gatoya ukaba uwutonyangiriza mu kanwa kumuntu cyanga mu biryo cyanga mu byo kunywa, batubbwiye ko uwo muti wibitonyanga urimo amako menshi harimo ayica ako kanya nayica byatinze cyanga se byaratinze cyane. ariko twe baduhaye uwica ako kanya. umuti wa gatatu batwigishije ni agashinge gatoya cyane kamze nka kakantu bakingiza abana kwa muganga, ako gashinge ugatera umuntu urimo gusamba noneho ntashobore gukomeza kujugunya amaguru hirya ni hino no kuniha arwana numutima.

Twize uko iyo miti ishobora gukoreshwa itandukanye cyanga se gufatanya 2, ariko batubwiye ko tutagomba gufatanya 3 yose icyarimwe. batubwiye ko tutagomba kubika iyo miti, ko ahubwo hari abantu bazajya baduhamagara bakudaha imiti cyanga umuti umwe tugomba gukoresha mu kazi kazaba kapanzwe.

Twakoreye imyitozo ku bantu batuzaniye nijoro babahungu tutazi iyo babakuye, tubakoreraho iyo myitozo turabica ngo dushobore gutinyuka no kubona uko iyo miti ikora.

Umuti wo kunukiriza ku mmazuru ukaba ukoreshwa nahantu hasobora kuboneka umuntu wataka agatabarwa kandi mbere yo gukoresha uwo muti hari akanini ugomba kunywa mu masaha 8 kugirango wowe nukunikira utagufata nawe ukamera nabi. Iyo miti yose twabwiwe ko mu kuyikoresha tugomba kujya tujijisha cyane, tugakoreshaho ubundi buryo, twabona nkumuntu atangiye gusambagurika tukamunigisha nkishati ye kuburyo bworoshye cyane kuko nubundi aba asa nuwapfuye. Umuti wagashinge twabwiwe ko twawukoresha cyane cyane nkahantu twafashe abantu ku mbaraga tukababoha tukabatera utwo dushinge twarangiza tukababohora, tutiriwe dukoresha uwo ku mazuru ngo kuko uhenda cyane.

Mu kuri ntabwo twabwiwe abo tugomba gukoraho akazi, ahubwo twabwiwe ko tuzajya duhamgarwa tugahabwa imiti namabwiriza yaho tugomba gukora nabo tugomba gukoraho. cyakora kuva twahugurwa, turarinzwe cyane kandi twabwiwe ko haramutse hagize ugira icyo avuga azicanwa nunmuryango we wose.

Ikinteye kuvuga ibi byose ni ubwoba nagize bwa mugenzi twakoranye iyo course igihe kimwe numvishe ko yapfuye mu minsi ishize kandi sinzi icyamwishe ariko ndakeka ko yaba yarazize aka kazi.

Mbabajwe cyane nabasore bagenzi banjye ntazi, twishe tubakoreraho imyitozo yiyi miti.

Icyo nababwira nanjye ntarapfa ni uko abanyarwa dufite ibibazo byinshi, kandi hari nabasirikari barikwiyahura kubera guhabwa akazi karenze ubwenge bwabo kandi badafite aho bahungira kuko byose biba ari urupfu nurupfu.

mwihangane ntakundi. 

 
NB. Ubundi ubu buryo bwimiti inukirizwa abantu busanzwe bukoreshwa muri Kenya na Tanzania igihe benengango ashaka kugira uwo acuza utwe.