Abashingamategeko bo mu Bwongereza barasaba ko u Rwanda rwahagarikirwa imfashanyo

Posté dans 22 juin, 2012

Umushingamategeko wo mu Bwongereza witwa Mike Hancock wo ma ba Liberal Democrats uva mu gace Portsmouth y’amajyepfo afatanije na bagenzi be b’abashingamateka ubu bamaze kugera kuri 20, baravuga ko bakurikijwe Rapport ya ONU yerekana ko u Rwanda rufasha inyeshyamba zo muri Congo, bibutsa kandi ko mu Kuboza 2008, ibihugu bya Suwedi n’u Buhorandi byahagarikiye u Rwanda imfashanyo kuko rwafashaga abarwanya ubutegetsi muri Congo. Basanga u Rwanda rudafite imfashanyo z’amahanga rutakomeza gushyigikira intambara muri Congo.

Bakaba ngo bashyigikiye ibyasabwe na Save Congo ko Umunyamabanga wa Leta w’u Bwongereza ushinzwe ububanyi n’amahanga n’umuryango wa Commonwealth yafatira ibyemezo Leta iyo ariyo yose, abantu cyangwa ibigo by’ubucuruzi bifasha inyeshyamba zo mu burasirazuba bwa Congo. Ndetse Leta y’u Bwongereza igasabwa kwiga ku nkunga mu rwego rwa gisirikare n’imali u Bwongereza buha u Rwanda.

Marc Matabaro
Rwiza News