Abaturage bo mu kagari ka Kimisagara, Umurenge wa kimisagara mu Karere 
      ka Nyarugenge baratabariza Nsabimana Emmanuel w’imyaka 25, kuri ubu ufite 
      amaboko arembejwe n’ibisebe avuga ko yatewe n’amapingu yambitswe, atwawe 
      kubwo kwambara imyenda isa nabi.
    
    
      
        Nyuma yo gukurwaho amapingu, akaboko k'iburyo ke ntigashobora gukoreshwa 
        kubera uburyo kangiritsemo bitewe n'amapingu yambitswe
     
    
    
      Uburyo uyu musore yafashwemo
    
      Nsabimana bakunda kwita Njongo, we yabwiye IGIHE ko ubwo yafatwaga, 
      yafashwe na ‘local defense’ uzwi ku izina rya Ndagacakiye, ku wa Gatanu 
      tariki ya 24 Mutarama 2014 ubwo yari aryamye mu gikari cy’aho akunze 
      kurangurira inzoga ku Kimisagara. Kurangurira abantu inzoga ni nako kazi 
      asanzwe azwiho bakanakamuhembera kimwe n’icyo yita gutumika cyane.
    
      Nsabimana yagize ati : “Ndagacakiye n’abandi bari kumwe bansanze mu gikari 
      ndyamye kwa boss, anjyana avuga ko nambaye nabi.”
    
      Nsabimana avuga ko yagaruwe ku Kimisagara ku mugoroba wo ku Cyumweru 
      tariki ya 26 Mutarama 2014, akuwe muri Transit center ya Gikondo mu karere 
      ka Kicukiro, ari na ho avuga ko yambikiwe amapingu akanakubitwa.
    
      Kubwo kutagira mituwele kumuvura byananiranye
    
      Abaturage bamuzi ubu barimo kumusabira abahisi n’abagenzi, kugira ngo 
      babone amafaranga ahagije yo kuba bamufasha kujyanwa kwa mugaganga 
      akavurwa, nyuma yuko bamujyanye ahitwa Kwa Nyiranuma bakimubona yangiritse 
      amaboko, maze bamugezayo ntiyakirwe ngo avurwe kuko nta bwisungane mu 
      kwivuza (Mutuelle de Santé) yari afite.
    
      Umwe mu basore usanzwe akoranaga na Nsabimana, we asobanura ikibazo cya 
      Emmanuel agira ati : “Twakekaga ko Nsibamana agifunzwe. Twatunguwe no 
      kumubona amaboko ye yarangiritse kubera amapingu. Ariko nkanjye dusanze 
      tukorana mu kwikorerera abantu inzoga, twasabye ko bamureka kuko tumuzi 
      barabyanga baramutwara.”
    
      Umwe mu bayobozi b’imidugudu ya Kimisagara, utashatse kuvugwa izina 
      yongeyeho ati : “Kubera ko twari dusanzwe tuzi uyu Nsabimana nk’umwana 
      wumvira kandi w’inyangamugayo, twahisemo kumujyana kwa muganga ariko 
      byanze. None ubu turimo gusaba uhise wese kugira ngo atange ubufasha uko 
      ashoboye.”
    
      Aba baturage bari bashungereye aho Nsabimana yari ari gusabirwa amafaranga, 
      bavuga ko ubwo Ndagacakiye yatwaraga Nsabimana babonaga ari umukwabo 
      wogufata inzererezi usanzwe, ariko kuko bari basanzwe bazi uyu musore 
      bamusabira kurekurwa biranga biba iby’ubusa.
    
      Ifatwa rya Nsabimana bivugwa ko nta ruhare rwa Polisi rurimo
    
      Uyu musore afatwa ku itariki ya 24 Mutarama 2014, yafashwe na Local 
      Defense gusa nta mupolisi wari uherekeje Ndagacakiye wataye muri yombi 
      Nsabimana.
    
      Ndetse amakuru ariho ni uko kuri uwo munsi wo kuwa Gatanu nta gikorwa 
      cy’umukwabo rusange kigeze kigaragara muri Kimisagara, ku buryo bamwe 
      bakeka ko byaba birimo ikindi kibazo cyihariye.
    
      Umuvugizi wa polisi mu mujyi wa Kigali, SSP Urbain Mwiseneza, yasobanuye 
      ko Nsabimana yari guhita atanga ikirego kuko bigoranye ko Polisi 
      imukurikirana itaramenya ikibazo cye n’uko yaba yararenganye.
    
      SSP Mwiseneza yagize ati : “Ibyo ntabyo tuzi ariko aramutse agiye kuri 
      sitasiyo imwegereye bamufasha byihuse ndetse n’ikibazo cye kigahita 
      gikurikiranwa kuko icyo polisi ishinzwe ni ugutabara no kurenganura 
      abaturage.”
    
      Ku ruhande rwa Polisi, abaturage nabo ngo bari bakwiye kubanza kugaragaza 
      ikibazo kuri Polisi kugira ngo umusore abe yavurwa anakurikiranwe na 
      Polisi.
    
      Ubuyobozi bw’umurenge wa Kimisagara bumaze kwemeza amakuru y’uko uyu 
      musore yashyize akaza kujyanwa kwa muganga na Polisi ikorera mu karere ka 
      Nyarugenge, ikimara kubimenyeshwa.
    
    
      
        Bamwe mu baturage bafite ubwoba ko aka kaboko ka Nsabimana gashobora 
        gukurizamo izindi ndwara bitew n'uko katangiye kuzana amashyira
     
    
    
      
        Aka kaboko ke k'ibumoso niko konyiye ashobora kwiyegamiza kuko ariko 
        katangiritse bikabije
     
    
    
      
        Abaturage bahoze basabira Nsabimana amafaranga yamufasha kujyanwa kwa 
        muganga akavurwa, mbere y'uko Polisi ihagoboka ikamujyana kuvurwa kuko 
        ngo mbere atari yavuwe bitewe no kutagira mutuelle
     
    
    
      ntawiclaude@igihe.com