Kigali: Ihungabana ridasanzwe ry’abanyeshuri kuri Sainte Famille

 

Ubwo bari mu nama itangira amasomo ya buri gitondo, kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Gicurasi 2011, abanyeshuri batagira ingano bo mu ishuri ryitiriwe Saint Joseph Le Travailleur riherereye mu mujyi rwagati kuri Sainte Famille, bahungabanye ku buryo budasanzwe.

Ubwo twahageraga ahagana saa tatu, hari uruvunganzoka rw’abantu n’imodoka batabara abana basaga 100 bahungabanye babajyana kwa muganga. Muri izo modoka, uretse ingobyi z’abarwayi (ambulances), hitabajwe n'imodoka zisanzwe za taxi voiture na Hiace.

Nk’uko twabitangarijwe n’umwe mu barimu, Albert Muragijimana, kuwa Gatanu w’icyumweru gishize nibwo abagize iryo shuri bakoze umuhango wo gusoza icyumweru cy’icyunamo, wabereye ku rwibutso rwa Gisozi. Kuri uwo munsi ngo ntabwo ikibazo cy’ihungabana cyari gikomeye kuko hahungabanye abanyeshuri babiri gusa.

Imbarutso y’ihungabana ridasanzwe ry’uyu munsi ryatewe n’umunyeshuri wavuye mu bandi ubwo bari mu nama ya mu gitondo ahita yiruka. Uwo mwana w’umukobwa wiga mu mwaka wa kane ngo yirukaga bigaragara ko yagize ikibazo mu mutwe, nibwo yahise akurikirwa n’abandi.

Mutagoma Jean Pierre ni umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatandatu, yatangaje ko imbarutso yo guhungabana nta yindi uretse umuhango wo kwibuka wasojwe kuwa gatanu, kuko nta kindi kibazo cyari kiri mu banyeshuri kijyanye n’amacakubiri.

Undi munyeshuri twaganiriye we yadutangarije ko guhungabana bidatangaje kuko kwibagirwa amateka bidashoboka. Yavuze ko benshi mu banyeshuri bigana, n’ubwo basanzwe batuye mu Mujyi wa Kigali, ariko usanga ari ubwa mbere bari bageze ku rwibutso, aho babasha kubona neza amateka u Rwanda rwanyuzemo.

Kuvugana n’Umuyobozi w’iryo shuri ntibyari byoroshye na busa kuko yari kuri telefoni atabaza hirya no hino.

Musonera Jonathan yarabivuze mu imvo n'imvano kuri BBC GAHUZA