Abasahuye FARG batereye agati mu ryinyo!


Nyuma y'itsembabwoko Leta y'Ubumwe yasanze inzira nziza yo gufasha abarokotse batari bafite uko bigira bakwiye gushyirirwaho Ikigega cyashyirwamo amafaranga yo kubafasha. Ntibyatinze byaremejwe kandi birakorwa. Buri Munyarwanda yasangaga icyo Kigega cyari gikwiye. Bimwe mu byihutirwaga kwari ugushakira abacitse ku icumu aho batura kuko amazu yabo yari yarabaaye imiyonga andi yarasenywe ku buryo atari gusanwa. Ibindi byihutirwaga kwari ukubavuza cyane ko bamwe bari bagifite n'ibikomere by'imihoro ku mubiri.

Nyuma na none abari bashoboye gusubira mu ishuri bagombaga kurihirwa amafaranga y'ishuri nta ngorane. Igihe cyo kubaka kigeze abantu ku giti cyabo cyangwa amashyirahamwe y'abubatsi birukankiye mu Kigega maze bagira Imana bahasanga ubuyobozi bwari bufite intege n'ubumenyi buke bityo bayora amafaranga nta nkomyi. Amazu yagombaga kubakwa yose yari 7.326 mu turere dutandukanye tw'igihugu. Abo bubatsi batwaye amafaranga bamwe bari bafite ubwishingizi muri SONARWA, SORAS na COGEAR ariko nubwo bwishingizi bwari icyeyerurutso gusa. Abo bubatsi bamaze gutwara amfaranga nta numwe mu bo turi buvuge nabo tuzavuga ubutaha wigeze yubahiriza uko imyubakire yagenwe, haba mu bikoresho by'ubwubatsi haba no mu buhanga bwo kubaka.

Ikindi cyagaragaraga ni uko mur kiriya gihe imidugudugu yubakwaga PAM yatangaga ibiryo (food for work) ku buryo benshi muri abo bubatsi amafaranga bayashyiraga ku mufuka gusa ahasigaye abantu bakuyubakira bahabwa ibiryo nabwo kubere urujijo rwabo bapatanaga bagarukaga bakiba bya biryo bakabigurisha hamwe n'abakozi bamwe na bamwe ba PAM muri kiriya gihe na ya mazu bitwaga ko bubaka ntarangiure. Henshi wasangaga bishyuza uwubakisha ibiryo abo baturage batazi ko no hejuru yabyo hari amafaranga Ikigega cyabahaye. Hari n'abafashe amafaranga bubaka amazu make nkuko raporo zimwe na zimwe zibyerekana.

Urugero ni nka Sosiyete ECOS ya Sesonga Jean Damascène uyu yasinyiye kubaka amazu 150 mu yahoze ari Komini Murambi, akubaka I Gikoma-Rubika, Gikoma-Remera, Kiziguro, Rubona-Bwiza, Rubona Mutimbi, Rubona-Kigoroba, Rubona-Nyagasambu, Rwankuba-Karambo, Rwankuba-Nyagasambu, Nyabisindu A&B, Ntete na Kiramuruzi. Yataye ibyo yakoraga amaze guhabwa miliyoni 103.312.500 frw nta nzu n'imwe yarangije kubaka ibyo yarundarunze hari abavuga ko byaba bingana na miliyoni 50. Nubwo izonzu zizwi kuko ari zimwe zo mu midugudu buri nzu yari yapataniye kuyubakira 727.250 frw ariko nabyo byaranze.

Hari ENGINEERING B.T ya Gakuba Emmanuel uyu yasinyiye kuzubaka ku Kimironko mu mugi wa Kigali. Yagombaga guhabwa amafaranga 1.350.000frw kuri buri nzu uyu akubaka amazu 150. Ubwo akaba yaragombaga guhabwa 202.500.000 frw. Ariko ngo haje kwiyongeraho 70.003.801 adasobanutse akaba yaragombaga guhabwa 272.503.801 frw. Abagiye kubara ibyo yaba yarakoze dore ko uyu mudugudu wateje ibibazo basanze ashobora kuba yarakoresheje miliyoni zigera byibura nko hejuru gake yi 150. Ariko akaba ari umwe mu bari bakuze menshi mu Kigega dore ko we yari yakuyemo 262.378.801 frw. Ibyo ari byo byose nta nzu n'imwe yarangije kubaka yataya uwo mudugudu nyuma yo kugenda ahindagura imyubakire uko yishakiye binyuranyije n'izari mu masezerano. Urubanza ruri mu rukiko kugira ngo asubize amafaranga atarakoreshajwe

 BECOR ya Gatebuka Célestin uyu yagombaga kubaka Rutongo na Jali akaba yaragombaga kubaka amazu 100 yamaze gufata miliyoni 22 yubakaho utuzu twa nyirarureshwa arabita arigendera biravugwa ko Ikigega cyamwihanangirije bikaba iby'ubusa.

Isosiyete ECAN ya Abraham Nayandi yo iratungwa agatoki ko yagombaga kurangiza kubaka amazu 99 muri Gishamvu (Nyanza na Kibingo igahabwa 68.850.837frw ni ukuvuga amafaranga 695.463 frw ku nzu imwe yo mu mudugudu. Bwana Nayandi yubatse ibyo abagenzuye nubwo batibutse ko habagaho indi nkunga bise ko ngo byari bihwanye na miliyoni hafi 36 nyamara yakuye mu Kigega 55.800.668 frw. Uretse ko uyu mwubatsi nta nzu n'imwe yujuje n'ibibarwa ngo bikaba ari ibyo babona yapfuye ku hakorera ngo yagaragaje uburiganya mu masezerano (mauvaise foi) yagiranye n'Ikigega.

ECODEB ya Bucyeye Anastase uyu yagombaga kubaka muri Komini Muyira yatwaye 14.000.000frw maze akora ibikorwa bingana na 1.000.000frw ahasigaye arahata hatubatswe. Ariko kugeza ubu inyubako ngo yaba zikibarirwa mu maboko ye.

 E.C.N.C ya Ntegano Canisins yubatse muyahoze ari Komini Huye (Nyanza I&II) uyu yihanangirijwe n'Ikigega ariko ntacyo yakoze yakuye miliyoni hafi 6 mu Kigega yubaka ibya miliyoni zisaga 30 gusa nta nzu n'imwe yujuje yabitaye atyo atererse Ikigega ibyo yakoze. 

Sosiyete S.E.G.H.SARL ya Byemeyari Lambert uyu we ibye ni ibindi arashinjwa miliyoni hafi ijana (100.000.000frw).

ECASAN iyi ni Sosiyete y'ubwubatsi ya Nkurunziza Alfonse yubatse muyahoze ari Komini Kivu (Ngara I&II, Muganza, Mubazi, Gashinge) hamwe yagombaga kubaka inzu 231 agomba guhabwa amafaranga 693.900frw kuri buri nzu yagombaga guhabwa 160.290.900frw amaze guahabwa 152.276.355frw yubaka amazu atujuje n'imwe ibyakozwe hari abagereranije basanga yaranyereje miliyoni mirongo irindwi (70.000.000frw).

Sosiyete St Joseph iyi ni iya Mwanangu Yoseph
yasinye amasezerano ku ya 28/09/1998 yagombaga kurangiza imirimo mu mezi ane. Yubatse muyahoze ari Komini Karambo yagombaga kubaka amazu 150. Yagombaga guhabwa amafaranga 699.044 frw ku nzu imwe ni ukuvuga ku mazu yagombaga guhabwa amafaranga 104.856.600frw ku ya 6/09/2002 ubwo yasurwaga nabagombaga kugenzura iyo myubakire basanze ibyo yakoze byaraganaga na…..

Abambuye FARG ntibavuga rumwe
Frank Ndamage

Abariye Imidugudu ntawamenye Irengero ryabo.

Mu Mvaho N°…..twababwiye ko tuzabagezaho abandi bubatsi bambuye Ikigega cy'Abarokotse Itsembabwoko bavuga ko bagiye kububakira imidugudu. Twababwiye kandi ko hari abataye amazu atararangira abenshi bitwaje ko ngo FARG itabishyuye neza. Hari aho bitagije kuko hari nk'abari barahawe amafaranga hafi y'ayo bari barapataniye ariko inzu bakazisiga ari ntaho ziragera. Zimwe muri Sosiyete z'Ubwubatsi twavuga ni nka: 

NEC ya Ntagengerwa Eugène uyu yagombaga kubaka amazu 100 mu yahoze ari Komini Ngenda akaba yarasinye amasezerano ku ya 8/10/1998 agomba kurangiza ayo mazu mu mezi ane. Yagombaga guhabwa 689.800 ku nzu imwe ni ukuvuga ko yagombaga guhabwa 68.980.000frw ku mazu ijana. Mu w'1999 hagati ya 26/07/1999 na 10/08/1999 ni bwo yahagaritse imirimo yakoraga amaze guhabwa 63.185.680FRw. Ikidasobanutse ni uko uyu mwubatsi yahawe amafaranga yo gutangira ataranasinya amasezerano. 

Hari CARE ya Rugunda James yagombaga kubaka amazu 200 mu yahoze ari Komini Bicumbi. Yapaniye amafaranga 697.799 Frw kuri buri nzu. Nubwo yagombaga kurangiza imirimo ye mu mezi atandatu kugeza ubu nta nzu n'imwe yari yarangira. Yari yasinye amasezerano ku ya 12/10/1998. Imirimo yayihagaritse mu w'1999 amaze guhabwa 111.647.840FRw.
Tubibutse ko naho abantu bageze aho bakajya muri ayo mazu ibyo bayakozeho ni byo byinshi kurusha abapatanye ari nabo bahawe amafaranga. 

Sosiyete yindi twamenye ni SEREC ya Nyanshwa Justin uyu yubatse mu yahoze ari Komini Rukondo (Ngara, Gikoni, Maheresho I, II &III) yagombaga kubaka amazu 100, agahabwa 70.000.000Frw hiyongereye ho ibiryo bya PAM. Uyu mwubatsi yataye akazi amaze gutwara 14.000.000frw. Ubu Ikigega kirishyuza SONARWA yamwishingiye amafaranga Ikigega cyahaye Justin. SONARWA nayo ngo yatereye agati mu ryinyo.

Sosiyete AMECOBU ya Nteziyaremye François ; Nteziyaremye yubatse mu yahoze ari Komini Kanzenze yagombaga kubaka amazu 100, kandi agahabwa 720.000 Frw/nzu ni ukuvuga ko yagombaga guhabwa 72.000.000FRw. Amaze kubona 64.000.000 yaretse kubaka. Nta nzu n'imwe yujuje kugeza ubu nyuma y'imyaka 6 nta kanunu. 

DERPCAMU ya Ngendabanga Gabriel (aya masosiyete y'amahimbano ntiyakomeje kwitwa atyo). Ngendabanga yagombaga kubaka muri Bwisige (Muti) akaba yari kubaka amazu 100 kuri 65.880.600 FRw. Yatinze kubaka naho atangiriye Ikigega cyamaze kumuha 13.176.120frw ntiyongera kubaka biravugwa ko Ikigega cyihanangirije (mise en demeure) umwubatsi gusoza inshingano ze ariko ntacyo yakoze ewe ngo nta n'ubwo yashubije.