| 
      
    UBUTUMWA UMUBYEYI BIKIRA MARIYA NA NYAGASANI YEZU BAHAYE BYISHIMO KU ITARIKI 
    YA 08/11/2008  
    Umubyeyi Bikira Mariya na Nyagasani Yezu baje bababaye cyane bari mu rumuri 
    rwinshi cyane ntabona icyo ndugereranya narwo nuko Umubyeyi Bikira Mariya 
    aranyitegereza, aransuhuza, ati:
 
 Umubyeyi Bikira Mariya:
 
    B.M.: Uraho mwana wanjye ukomeje kwihanganira ibigeragezo byose uhura 
    nabyo!
 B.Y.: Uraho Mama!
 B.M.: Umeze ute?
 
 B.Y.: Mama, meze neza gahoro nawe urabibona. 
    Reba uko meze, ndarara butunda. "Icyo 
    gihe nari ku musaraba i Kibeho". Mama, nawe urebe imbeho iri hano!
 
 B.M.: Mwana wanjye ihangane ukomeze utwaze kandi umenye ko nakuzanye 
    hano i Kibeho ngo uze upfukame, upfukamire benshi mu bana banjye bari 
    kurengana. Niyo mpamvu uri hano ku musaraba kuko isengesho uhavugira hari 
    benshi rifitiye akamaro.
 
 B.Y.: Mama, narabyemeye ntakundi byagenda, ndabizi ibyanyu 
    ntibyoroshye. Mama, rwose ndi hano, vuga icyo ushaka umuja wawe ndakumva.
 
 B.M.: Bana banjye, ngarutse kubasura mbakunze. Nk’uko nabasezeranyije 
    ko ntazabasiga nk’imfubyi ni ko bimeze. Nkomeje kubatumaho umwana wanjye 
    w’insuzugurwa, uwo benshi bahinduye umusazi.
 
 Bana banjye ndacyamutuma ntabwo ndamurekura mubimenye. Ubutumwa 
    buracyakomeza kuko ni igikoresho cyanjye. Ubu ndahari ndikumwe namwe, 
    nicaranye namwe kandi hari benshi ndigukoresha, ntuma bakanga kuntumikira 
    ariko umwana wanjye namumaze ubwoba.
 
 B.Y.: Mama, murakoze cyane ariko ndi umuntu kuko hari byinshi 
    mumbwira ngatinya kubivuga ariko ku mbaraga zanyu birashoboka.
 
 Ariko Mama, mbere yo kugira icyo utubwira ubanze utubabarire ibicumuro byacu. 
    Ubanze uturuhurire imitima yacu, iraremerewe cyane, ubanze ushyitse imitima 
    ya benshi mu nda.
 
 B.M.: Bana banjye kuri uyu munsi, kuri iyi tariki ya none, buri muntu 
    atekereze ku mutima we maze ashyitse umutima hamwe, maze avuge ikiri ku 
    mutima we ariko cyane cyane asaba yizeye kandi yumva ko icyo asaba gishoboka 
    ariko cyane cyane yicishije bugufi kugira ngo ashobore kwakira neza no kumva 
    icyo ari buhabwe gishoboka.
 
 Bana banjye, nongeye kuza kubasura nk’uko duherukana mu minsi ishize. 
    Sinababwira ko mbabaye cyangwa nishimye. Sinababwira ko mbagaye kandi ndi 
    umubyeyi wanyu ariko kandi bana banjye ndababaye kuko ibyo twasezeranye 
    byose nta na kimwe cyahindutse ahubwo mugaca intege n’abagombye kuzigira.
 
 Bana banjye umukobwa aba umwe agatukisha bose. None rero ndagarutse kuko 
    mbakunda.
 
 Bategetsi, bayobozi biyizi, naravuze 
    mwanga kumva ariko noneho cya gihe nababwiye kibasohoreyeho. Murarundarunda 
    byinshi ariko si ibyanyu, ntimubitunze.
 
 Bana banjye, inkoni ikubise mukeba uyirenza urugo. None rero bana 
    banjye nimwitegure kuko ibihe bibi bibugarije kandi bibasohoreyeho kuko 
    igihe kirageze cyo kugaragaza ukuri kuko nta gihishe cyose kitazagaragara.
 
 Bategetsi, bayobozi, 
    mukomeje kuroha abana banjye benshi mu rwobo. Benshi bakomeje guhunga 
    igihugu, abandi bakomeje kurigiswa ari mwe bazira ariko igihe kirageze cyo 
    kubahorera. Mumenye ko kandi n’abari hanze nabo ari abana banjye, nabo ngiye 
    kubatiza imbaraga mbazane nk’uko namwe nabazanye, kubera ubwikuze bwanyu.
 
 Bana banjye, nongere 
    mbabwire kandi mpora mbibabwira, mwarikanyije muhohotera abana banjye 
    murabatatanya, mubabuza epfo na ruguru. Mumenye ko abo mwita rubanda rugufi 
    mugiye kubabazwa kuko icyo navuze ntikigomba guhinduka na rimwe kuko 
    nababwiye kera murananira, ibimenyetso nabahaye ni byinshi ntacyo mutazi.
 
 Umwana wanjye agiye kwishunguruira inyangamugayo kandi ahereye kuri mwebwe 
    bayobozi bakuru kandi bigiye gutangira kuko umwana wanjye yabahaye ubwenge 
    ariko mwebwe mukomeje kwerekana ko mubumurusha.
 
 Bana banjye, nimumenye ko umunyabwenge ari Umwana wanjye gusa n’Imana Data 
    yo mu ijuru ntawundi.
 
 Mwana wanjye, sengera u Rwanda , sengera u Rwanda , sengera u Rwanda nibura 
    hagire urokoka. Mwana wanjye, mfasha kuririra u Rwanda kuko uburakari 
    bw’Imana bubisutseho nk’imvura y’amahindu.
 
 Mwana wanjye, mbwirira Abanyarwanda, uti umwana wanjye arababaye, arababaye, 
    arababaye cyane kubera urukundo abakunda.
 
 Bana banjye nguyu wa munsi nababwiye urageze kandi ubaguye gitumo muri 
    gushaka amafaranga, byose umwana wanjye arabirimbuye namwe mudasigaye.
 
 Ikindi kandi mwana wanjye, ubu butumwa bugeze ku Banyarwanda bose ari 
    uwakiriye cyangwa utarakiriye, bose burabareba. Ntutinye kandi kubutanga, 
    ndashaka ko nta n’umwe utungurwa n’utazabwakira azabe yarabimenye kuko 
    ibikomeye biraje, birabugarije kuko nta na kimwe gishobora guhindura ibyo 
    twababwiye byose.
 
 Bana banjye, hari benshi mutakira ibi mvuga kubera amaraha murimo. Umwana 
    wanjye agiye kubereka ko ari we utanga umunezero.
 
 Mwana wanjye, ongera umbwirire abakiriye, uti ni mwebwe mutumye ntangaza ibi 
    kugira ngo mudatungurwa.
 
 Bana banjye, nimwitegure kuko cya gihe nababwiye mwakigezemo ariko 
    simbabwiye umunsi. Bana banjye, ndabasaba kugira ngo igihe cyose, aho muri 
    hose mukunde guhora mufite intwaro yanyu kuko ariyo izabakiza muri iyi 
    ntambara turwana, tugezemo.
 
 Bana banjye, ndababwira ko mugomba gusenga mushyizeho umwete kuko igihe 
    gitakara kitazabagarukira. Bana banjye ndabibutsa ko igihe cyose, imyaka 
    maze mu gihugu cyanyu ari myinshi ariko bamwe akaba ariho mukibimenya bwa 
    mbere.
 
 Bana banjye nkunda kandi mwanyiyeguriye, icyo mbifuzaho cyane cyane kuva 
    mbere hose ni Rozari kuko Rozari ni isengesho nkunda cyane kuko nza bwa 
    mbere hano i Kibeho narayibasabye.
 
 Bana banjye, uje ansanga ndamwakira simusubiza inyuma, kandi uje amfitiye 
    inyota ndayimumara, kandi unsabye yicishije bugufi afite urukundo ndamuha.
 
 Bana banjye, nimusabe muzahabwa, mushakashake muzaronka, mukomange 
    muzakingurirwa. Bana banjye, ndabasaba guhora munyisunze kuko ndi umubyeyi 
    wanyu kandi ubakunda.
 
 Mwana wanjye, ongera ubambwirire kandi mpora mbibabwira; bambwirire, uti 
    Imana yakunze u Rwanda kubera Umwami w’u Rwanda warutuye umwana wanjye. 
    Yararwakiriye, none mwe buzukuru be nimutunge uwo munani wa ba sokuruza 
    wanyu. Ariko bana banjye murambeshya ngo murasenga. Nabasabye kurutura 
    umwana wanjye birabananira ahubwo mwibereye mu matiku gusa, ibyo byose 
    bigiye kuvaho kuko ntagisigaye.
 
 Mwana wanjye, bambwirire, uti Abanyarwanda murananiye dore igihe nahereye 
    mbabwira ko mbakunda namwe mukanga kumpa urukundo mbakunda; ahubwo mukavuga 
    ngo mutegereje impuhwe zacu. None se bana banjye, tuzagira impuhwe kugeza 
    gihe ki?
 
 Bana banjye, nta mitungo yanyu mbasaba, nimuduhe urukundo rwanyu gusa. Ariko 
    bana banjye reka mbacire umugani: "Umunyarwanda yise umwana we Mporendengane" 
    . Niko se, Abanyarwanda murandenganyiriza iki? Hashize igihe kirekire 
    mundenganya jye n’umwana wanjye. Niyo mpamvu nsanze uyu munsi ari ngombwa 
    kubibutsa isezerano nagiranye n’Umwami wanyu i Nyanza, ko igihe kigeze ngo 
    umugambi wuzuzwe kandi mpora mbibabwira, sibwo bwa mbere mbibabwiye. Niyo 
    mpamvu uyu munsi mbasubiriyemo ibyavuzwe byose bigiye kuzuzwa.
 
 Bana banjye, uyu munsi muzibure amatwi yanyu kuko ubutumwa buri kugenda buba 
    ubwa nyuma.
 
 
 NYAGASANI YEZU:
 
 Nyagasani Yezu we ati:
 
 Mwana wanjye, bambwirire, uti nabatumyeho umubyeyi wanjye ntimwamwumvise, 
    mbatumaho intumwa n’abahanuzi mwanga kumva. Noneho rero uyu munsi niyiziye, 
    ndikubabwira nk’ibya nyuma. Ndikubibihera kuko ibyo umubyeyi wanjye 
    yababwiye byose ni ibyanjye. Turi kumwe ntabwo dutandukana. Uwemera niyemere, 
    uwanga yange, gusa nimumenye ko Imana irakara kandi ihana.
 
 Abanyarwanda mwanze kumva mbare na mbariro, ariko noneho uyu munsi wa none 
    uwumva yarumvise, utarumvise ni akazi ke, agiye kubona.
 
 Mwana wanjye, mbwirira abana banjye bose, uti intumwa zanjye isi yarazanze 
    none murahirwa ababitse ubutumwa bwabo aho imungu itagera. Nimurye muhage, 
    munywe mushire inyota kuko igihe kirageze (Intangiriro 10).
 
 Mwana wanjye, mbwirira Abanyarwanda, uti ndabakunda ariko ntimunyemerera ngo 
    mwakire urukundo rwanjye. Mwana wanjye, mbwirira Abanyarwanda bamwe banze 
    kwakira ubutumwa ngo ntibusinye, bambwirire, uti sinya ni iy’Imana. 
    Ababishaka igiye kubasinyira babibone kandi sibwo bwa mbere nabibabwira kuko 
    ubu benshi bari mu mwijima w’icuraburindi, ntibabona aho ibihe bigeze. Ariko 
    kandi bana banjye, abanjye banyizera, bumva ibyo mvuga bakabishyira mu 
    bikorwa, abo nzabarinda.
 
 Bana banjye, ngaho mugire amahoro kandi mugwize andi.
 
 Bana banjye, mbifurije kuzashyikirana nanjye mu bihe bishya no mu Rwanda 
    rushya mwagabiwe n’Umwami wanyu.
 
 Bana banjye, mbahaye umugisha, ku izina ry’Imana Data na Mwana na Roho 
    Mutagatifu. Amina.
 |