Friday, 16th January 2009
Email Article E-mail article   Print Article Print article  
Mu Murenge wa Gatenga inzu 15 zarashenywe
M. Louise Uwizeyimana
 
Ku wa 14 Mutarama 2009 mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Gatenga Akagari ka Nyanza, ubuyobozi bw’ibanze bwashenye amazu y’abaturage barimo imfubyi n’abapfakazi bahatuye, kandi ngo ibyo bikaba byarabaye abo baturage bari barijejwe n’umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro, Paul Jules Ndamage, ko batazasenyerwa.
Mu kiganiro ikinyamakuru Izuba Rirashe cyagiranye na Nsanzimana Théophille, umwe mu baturage wari ufite inyubako muri ako Kagari, yatangaje ko ahagana saa yine za mugitondo ari bwo yamenye ko arimo gusenyerwa kuko atari ahari kubera impamvu z’akazi zari zamujyanye mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.
Yakomeje avuga ko ubuyobozi bw’Umurenge n’abashinzwe umutekano batandukanye harimo abapolisi ari bo bahagarikiye abasenyaga ku buryo nta n’umuntu washobora kwegera aho hantu, ndetse hakaba hari n’ibikoresho byo mu rugo byangirikiye muri iryo senyerwa.
Undi muturage waganiriye n’Izuba Rirashe witwa Adelphine Baracinyweraga yagaragaje impungenge afite z’abana 6 atari bubone aho ashyira kandi n’iyo nzu yarayubatse ku nguzanyo ya Banki.
Abaturage bari aho batangaje ko icyo gikorwa bari babwiwe ko cyagombaga gukomeza kandi bataranigeze babarirwa ibikorwa byabo ngo banabyishyurirwe, hejuru yo kuba barahawe uburenganzira n’ubuyobozi bamaze no gutanga amafaranga yo kubona uburenganzira bwo kubaka.
Nubumwe Jean Bosco, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatenga, kuri telefone yatangaje ko abo baturage bubatse binyuranyije n’amategeko akaba ari yo mpamvu hafashwe icyemezo cyo kubasenyera, kandi bakaba barubatse nta byangombwa bagira ndetse ko abagera kuri 99 % bakodeshaga ayo mazu yashenywe atari ayabo bwite.
Na Paul Jules Ndamage, umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro, yabwiye Izuba Rirashe kuri telefoni ko igishushanyo mbonera cy’imyubakire mu Mujyi wa Kigali kigomba kubahirizwa, ko kandi kubaka mu buryo bw’akajagari bigomba gushira, anahakana ko yigeze abemerera kubaka aho hantu mu buryo butemewe n’amategeko.
Ends